GET INFORMATIONS OUT FROM THIS BLOG

WELCOME TO KAZUNGU'S BLOG

CHOOSE A HYPERLINK

Up to date information can be found on

igihe.com

For every morning news clik

igitondo.com

CLICK ORINFOR For more information on Rwanda government

Connect to UMUSEKE.COM It is another website in Kinyarwanda with update news

Mumakuru y'imikino agezweho mu kinyarwanda sura RUHAGOYACU Maze ushire amatsiko

About my institute

KIGALI INSTITUTE OF EDUCATION

about love click LOVECARDS

TO LEARN LITTLE TO NETWORK

mardi 10 janvier 2012

Yezu ngo yakwepye umusaraba habambwa murumuna we

         Inyandiko z’Abayapani zimaze imyaka 1500 zavumbuwe zivuga ko Yezu atitanze ngo abambwe ku musaraba ahubwo ko yaguye mu gihugu cy’Ubuyapani afite imyaka 106.

Izo nyandiko zivuga uko ibisekuru byo mu muryango w’aba Takenouchi byagiye bisimburana zivuga ko Isukuri, murumuna wa Yezu, ari we wabambwe kuko Kristo yari yaragiye gusura igihugu cy Ubuyapani afite imyaka ibarirwa hagati ya 23 na 30.
Yezu ngo yaguye i Shongi aho yabaye n’umugore we n’abana babo batatu kugeza yujuje imyaka 106 ari na yo ngo yapfuye afite.
Abayapani bavuga ko Yezu ageze mu Buyapani yize ururimi (Ikiyapani) akiga n’umuco hanyuma agasubira i Yeruzalemu. Ngo nyuma yaje kujya mu gihugu cya Seribiya ahava yerekeza mu Buyapani aho yururukiye ku kibuga cy’indege cya Hachinole ku birometero 40 uvuye i Shingo anyuze Alaska muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Igituma Abayapani bakomera cyane ku makuru ari muri izo nyandiko ngo n’uko iyi myaka bavuga ko Yezu yari mu Buyapani ntacyo Bibiliya iyivugaho.
Igitangaje ariko ni uko abaturage batuye mu mujyi wa Shingo hafi ya bose ari abayoboke b’idini ya Boudha (ababoudiste). Umugore witwa Toshiko Sato ni we wenyine ufite ukwemera kwa gikiristo i Shongi. Uyu mugore ahakana iby’izi nyandiko yivuye inyuma avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.
Hari n’abandi kandi bavuga ko aya mateka ari ikinyoma kigamije gutanga umusaruro dore ko irimbi uwo bita Yezu Kristo ashyinguwemo rikurura umubare wa ba mukererugendo utabarika.
Kuri ako gasozi ka Shingo hari imva ebyiri zigaragara ku buryo budasanzwe hejuru y’imirima y’umuceri. Iya mbere ngo igaragaraho ugutwi kwa Isukuri, murumuna wa Yezu, n’imisatsi ya Bikira Mariya. Yezu Kristo we ngo akaba ku yindi iriho umusaraba ukoze mu giti.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire